IMWE MU MBUTO Z’IKORANIRO RY’UKARISTIYA MURI PARUWASI YA MBUGA

Muri uyu mwaka dusozamo Ikoraniro mpuzamahanga ry’Ukaristiya, abakristu babonye umwanya mwiza wo kurushaho kuzirikana ku gaciro ka Yezu mu Ukaristiya, We Gitambo, Ifunguro n’Inshuti tubana. Uyu mwaka watubereye umwanya mwiza wo kongera kuzirikana ko Yezu ari we Mugati w’Ubuzima wamanutse mu Ijuru, kugira ngo uwuriye agire Ubugingo bw’iteka. Yezu mu Ukaristiya ni we soko y’Ubuzima buzima buzira kuzima. Yezu ni we uduhuriza ku meza matagatifu mu Gitambo cya Misamu Ukaristiya. Ibyo ni byo NIYOBUHUNGIRO Alphonsine, umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye yaririmbye muri uyu muvugo yise “Ubuzima nkunda“.

UMUVUGO: UBUZIMA NKUNDA

Nserutse wese ngana umuryango

W’urumuri Yezu duhabwa none

We uduha byose tutabihaha

Ubu ari mu ikuzo kwa Jambo

5. Impundu, impundu, ibirori ni ibi.

Ndavuga isoko y’ubuzima byanjye

Njye na we ndakeka ko tubihuje

Ubu ubwo duhuje umuremyi twese

Reka duhabwe Yezu rwose

10. Tumuhe intago yo kuduhuza.

Reka uwo Yezu mvuga ubu none

Atwiha wese ubutaruhuka

Ubu ababi bose kimwe n’abeza

Duhuza ameza rwose atuje

15. Kuko adutumira iteka atuje.

Igituma Yezu adusanga wese

Akatubyutsa twaraguye

Umutima we ntujya utuza rwose

Arebarwose urimo usamara

20. Agira impuhwe Yezu aradukunda.

Reka ubu se rwose ntabyo ureba?

Iyo itureba n’ubwo buranga

Cyangwa se rwose bisaba ubwenge

Ngaya rwose amahirwe yacu

25. Ubu upfa kuba gusa witeguye.

Ubu nashakaga kuririmba

Byaba ngombwa nkabyna cyane

Kuko uyu munsi si uw’ibanga

Kristu rwose arahari wese

25. Ubu ni we unteye gukora inganzo.

Yampaye inganzo ingana n’u Rwanda

Ubwo akazi kanjye kaba ubuhanga

Apana umwana wo mu muhanda

Impa no guhanga ibya Gihanga

30. Nuko rwose intera iteka.

Haguruka wese usige ibyo ukunda

Uze dusange Yezu twese

Kuko adukunda na we urabizi

Yaradushatse turamukwepa

35. Ariko ngwino aduhaze ibyiza.

Nahoze mu mwijima wa Shitani

Maze guhabwa Yezu wanjye

Yahise ampa ineza ye ndaruhuka

Ubwo Shitani we ndamuhunga

40. Ubwo mbona isoko ubuzima nkunda.

Mfite umubyeyi usumba abandi

Na we ngwino ntaho uhejwe

Egera Yezu uhawe none

Aguhe umutuzo wuje ineza

45. Yifuza iteka kukuruhura.

Ameza ya Yezu ntawe aheza

Upfa kuba rwose ufite umutuzo

Kuko ni we soko ivomwa na benshi

Ndabizi neza utuza wumva

50. Ni wowe usigaye, ahubwo ngwino.

 Egera ameza rwose uronke

Ubuzima bwiza bubamo ingabire

Uhabwe ineza ya Yezu rwose

Ifunguro rye riteye ubwema

55. Ejo cyangwa ejobundi ntusibe.

Na we ushaka amahoro yose

Arakwiha rwose nka twe twese

Mukundire rwose ubwo agane iwawe

Umuhabwe wese ature  iwacu

60. Nkunda uwankunze nta buryarya.

Uwavuga ibyiza by’ayo meza

Izuba ryarasa rikarenga

Bukira rwose, bugacya arata

Ameza ya Yezu ahabwa benshi

65. Ntaruhuke bikiri byinshi.

Uri gutinda uhinyuza cyane

Reka sigaho banguka rwose

Utazicuza rwose ndeba mama!

Uti “Rwose Shashi nkumenye nshaje”

70. Ukarutanga ufite igihunga.

Shira igihunga, ugire ubutwari

Urwanye icyuho, umutima utuze.

Reka nkubwire njye wamuhawe

Yatsinze icyago ntiwikange

75. Ubu ni wese ubuzima bwose.

Umwanya ubaye muto se kandi

Ubu nari nzi ko ndarikesha

Oya sinshoje, sinabibasha

Ndasubitse, ahubwo ni ah’ubutaha

80. Yari umusizi uyu usiga bahuje

Akaba yaje kubaha intwaro

Yaba ataje ubwo bagasiba

NIYOBUHUNGIRO Alphonsine.

S3 (GS KITABI)

Nimugire Amahoro!